NYAGASANI WANJYE NI Allah

Allah Nyir’ubutagatifu aragira ati: {Yemwe bantu! Nimugaragire Nyagasani wanyu wabaremye, mwe n’abababanjirije; kugira ngo murusheho gutungana} [Al Baqarat:21].

  • Allah Nyir’ubutagatifu aragira ati: {Ni Allah, nta yindi mana ibaho itari We} [Al Hash’ri:22].
  • Allah Nyir’ubutagatifu aragira ati: {Ntagira icyo asa na cyo, kandi We ni Uwumva cyane, Ubona bihebuje} [A-Shuuraa:11].
  • Allah ni we Nyagasani wanjye, akaba na Nyagasani wa buri kimwe, Umwami, Umuremyi, Utanga amafunguro, Umugenzuzi wa buri icyo ari cyo cyose.
  • Allah ni We wenyine ukwiye kugaragirwa, kandi nta wundi Nyagasani uretse we, nta n’indi mana usibye We.
  • Allah afite amazina meza n’ibisingizo bihebuje, byuzuye kandi bizira inenge, yivuzeho we ubwe n’Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha) imuvugaho. Ntagira icyo asa na cyo, kandi We ni Uwumva cyane, Ubona bihebuje.

AMWE MU MAZINA MEZA YA ALLAH:

  • Utanga amafunguro
  • Nyir’impuhwe
  • Nyir’ubushobozi buhebuje
  • Umwami
  • Uwumva bihebuje
  • Umuziranenge
  • Ubona bihebuje
  • Umuhagararizi
  • Umuremyi
  • Ugenza buhoro
  • Uhagirije (abagaragu be)
  • Ubarira ibyaha

* Umuyisilamu atekereza ku bitangaza bya Allah n’ubugiraneza bwe. No muri bwo ni uburyo yita ku biremwa bye kugeza no ku biciriritse muri byo, abiha amafunguro, anabyitaho kugira ngo byirengere. Bityo Allah niwe Muremyi wabyo, ubyorohera. No mu kubyorohera kwe ni uko yabishyiriyeho ibibifasha ndetse n’ibyo bikeneye hamwe n’uko ari ibinyantege ncye ari nta cyo byishoboreye.

NYAGASANI WANJYE NI Allah

Niwe wishingiye guha amafunguro abagaragu be, abeshaho imitima yabo n’imibiri yabo.

Niwe Nyir’impuhwe zihambaye kandi zagutse kuri buri kintu.

Niwe Nyir’ubushobozi bwuzuye, udashobora kunanirwa cyangwa se ngo acike intege.

Niwe Nyir’ibisingizo bihambaye n’ububasha n’imigambi, akaba ari nawe nyir’ibintu byose, kandi niwe ubigenza.

Niwe wumva ibyumvwa byose mu ibanga cyangwa se ku mugaragaro.

Ni we muziranenge. N’ikindi icyo ari cyo cyose kitamukwiye ari kure na cyo.

 

Ni we uhetuye buri kintu arakibona uko cyaba kingana kose, kabone n’iyo cyaba gito kitaboneshwa amaso, Uzi ibintu byose, kandi ubisobanukiwe neza.

Niwe mwishingizi uha amafunguro ibiremwa bye, ni nawe muhagararizi w’ibibafitiye umumaro, ni nawe muhagararizi w’abakunzi be, uborohereza ibyabo, akaba anabahagije.

Niwe ubeshaho ibintu byose kandi niwe Muhanzi wabyo mu buryo bwihariye budafite ubwo bumeze kimwe bwabubanjirije.

Niwe ugirira neza abagaragu be, akabagirira impuhwe, akanabaha ibyo bamusabye byose.

Niwe uhagije abagaragu be mu byo bakeneye byose, ni nawe wenyine wo kwishingikirizwa nta wundi.

Niwe ubabarira abagaragu be ibyaha byabo, ntabibahanire.

INTUMWA YANJYE NI MUHAMADI (IMANA IMUHE AMAHORO N’IMIGISHA)

Allah Nyir’ubutagatifu aragira ati: {Mu by’ukuri mwagezweho n’Intumwa ibakomokamo; iremererwa n’ingorane muhura na zo, ibitaho (kugira ngo muyoboke by’ukuri), kandi ni Inyempuhwe nyinshi, ikaba n’Inyembabazi ku bemera]; es compasivo y misericordioso con los creyentes} [A-Taw’bat:128].

Allah Nyir’ubutagatifu aragira ati: {Kandi (yewe Muhamadi) nta yindi mpamvu yatumye tukohereza itari ukugira ngo ube impuhwe ku biremwa byose} [Al An’biya-u:107].

Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yari umunyempuhwe n’umuyobozi (uyobora abantu mu nzira nziza).

Ni Muhamadi mwene Abdillah (Imana imuhe amahoro n’imigisha), akaba n’uwasozereje Intumwa zose n’abahanuzi. Allah yamwohereje amuhaye idini ry’ubuyisilamu ku bantu bose, kugira ngo abayobore mu nzira z’ibyiza, ku isonga hari ukwemera Imana imwe (Tawhiid), anababuza ibibi no ku isonga ryabyo hari Ibangikanyamana (A-Shir’ki). Ni ngombwa kumvira iyi Ntumwa mu byo yategetse, no guhamya ukuri kw’ibyo yigishije, no kwitandukanya n’ibyo yabujije, kandi ko Allah adakwiye kugaragirwa mu zindi nzira usibye izo yategetse.

Ubutumwa bw’iyi Ntumwa ndetse n’ubutumwa bw’abahanuzi bose bayibanjirije bwari uguhamagarira abantu kugaragira Allah wenyine batamubangikanyije n’icyo ari cyo cyose. 

Mu byaranze iyi Ntumwa (Imana iyihe amahoro n’imigisha) harimo: 

  • Kuvuga ukuri
  • Kugira impuhwe
  • Kudahubuka
  • Kwihangana
  • Ubutwari
  • Kugira ubuntu
  • Imico myiza
  • Ubutabera 
  • Guca bugufi no kubabarira

 

QUR’AN NTAGATIFU NI AMAGAMBO YA NYAGASANI WANJYE

{Yemwe bantu! Mu by’ukuri, mwagezweho n’ikimenyetso (Intumwa Muhamadi) giturutse kwa Nyagasani wanyu; kandi twabahishuriye urumuri rugaragara (Qur’an)} [An-Nisa (A-Nisa-u): 174].

Qur’an Ntagatifu ni amagambo ya Allah matagatifu, Allah yahishuriye Intumwa ye Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha), kugira ngo ikure abantu mu mwijima ibaganisha mu rumuri, inabayobore mu nzira igororotse.
Usomye aya magambo abona ibihembo bihambaye, n’ushyize mu ngiro uwo muyoboro aba ari mu nzira igororotse.

MENYE INKINGI Z’UBUYISILAMU

Intumwa y’Imana (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yaravuze iti:
“Ubuyisilamu bwubatse ku nkingi eshanu: Guhamya ko nta yindi mana ibaho ikwiye gusengwa mu kuri uretse Imana imwe rukumbi no guhamya ko Muhamadi ari Intumwa y’Imana, Gukora iswala, Gutanga amaturo,no gusiba ukwezi kwa Ramadhan, Gukora umutambagiro ku ngoro y’Imana,”.

Inkingi z’ubuyisilamu ni ibikorwa byo kugaragira imana (Ibadat) byategetswe buri muyisilamu, kandi ubuyisilamu bw’umuntu ntibwatungana atabanje kwemera ko ari itegeko kuri we kugaragira imana muri byose; kubera ko ubuyisilamu aribyo bwubakiyeho. Niyo mpamvu yiswe Inkingi z’ubuyisilamu.
Izo nkingi ni izi zikurikira:

MENYE INKINGI Z’UBUYISILAMU

Inkingi ya mbere

Kwemera ko nta yindi mana iriho ikwiye gusengwa mu kuri uretse Allah kandi ko Muhamadi ari Intumwa  imana

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {...menya ko nta yindi mana ikwiye gusengwa by’ukuri uretse Allah...} [Muhamadi:19].

Allah yaravuze ati : {Mu by’ukuri mwagezweho n’Intumwa ibakomokamo; iremererwa n’ingorane muhura na zo, ibitaho (kugira ngo muyoboke by’ukuri), kandi ni Inyempuhwe nyinshi, ikaba n’Inyembabazi ku bemera} [A-Taw’bat:128].

  • Ibisobanuro by’ubuhamya bw’uko nta yindi mana ikwiye gusengwa by’ukuri: Nta wundi ukwiye kugaragwirwa by’ukuri usibye Allah.
  • Naho ubuhamya bw’uko Muhamadi ari Intumwa y’Imana, bisobanuye: kwemera (kuyumvira) mu byo yategetse, guhamya ukuri kw’ibyo yigishije, kwitandukanya n’ibyo yabujije, ndetse ko Allah atagaragirwa binyuranyije n’ibyo yategetse.

 

 

INKINGI YA KABIRI

GUHOZAHO AMASENGESHO (ISWALA)

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Munahozeho iswala (muzitunganya uko bikwiye)...} [Al Baqarat:110].

  • Guhozaho Iswala bikorwa mu buryo Allah Nyir’ubutagatifu yategetse, ndetse no mu buryo Intumwa ye Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yigishije.

 

INKINGI YA GATATU

GUTANGA AMATURO

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {...munatange amaturo...} [Al Baqarat:183].

  • Allah yategetse gutanga amaturo agamije kugerageza ukwemera kw’umuyisilamu, no kugira ngo umuyisilamu ashimire Nyagasani we wamuhaye iyo nema y’umutungo, no gufasha abakene n’abababaye. No gutanga Amaturo kugia ngo ahabwe abayakwiye.
  • Amaturo kandi ni umugabane w’itegeko mu mutungo ugejeje igipimo runaka, uhabwa abantu b’ingeri umunani Allah yavuze mu gitabo cye gitagatifu. No muri bo harimo umutindi nyakujya n’umukene utishoboye.
  • No mu gutanga ayo maturo ni ibigaragaza impuhwe n’ubuntu bw’uyatanze, no kweza imyifatire y’umuyisilamu ndetse n’imitungo ye, no gushimisha abatindi nyakujya n’abakene batishoboye, ndetse no gukomeza urukundo n’ubuvandamwe hagati y’abagize umuryango wa Kisilamu. Niyo mpamvu umuyisilamu ukora ibitunganye atanga aya maturo ku neza, yishimiye kuyatanga, kuko bituma abandi bishima.
  • Igipimo fatizo cy’amaturo yo mu mitungo ni 2.5%, gikurwa mu mutungo wazigamwe nka Zahabu, Feza, amafaranga, ibicuruzwa byagenewe kugura no kugurisha mu rwego rwo kubibyaza inyungu, igihe ibyo byose byujuje igipimo runaka, kandi bikaba bimaze igihe kingana n’umwaka bihunitswe.
  • Amaturo kandi ategetswe utunze umubare runaka w’amatungo (Ingamiya, inka, n’ihene cyangwa se intama), igihe ayo matungo arisha mu rwuri atagaburirwa na nyira yo.
  • Nanone amaturo ategetswe ku biva mu butaka nk’ibinyampeke, imbuto, amabuye y’agaciro n’indi mitungo y’agaciro ibikwa mu butaka, igihe yujuje igipimo runaka.

 

INKINGI YA KANE

GUSIBA UKWEZI KWA RAMADHANI

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Yemwe abemeye! Mwategetswe gusiba nk’uko byari byarategetswe abababanjirije, kugira ngo mugandukire Allah} [Al Baqarat:110].

  • Ramadhani: Ni ukwezi kwa cyenda kwa buri mwaka dushingiye ku kirangaminsi cy’imboneko z’ukwezi (ari naho hashingiwe ikirangaminsi cya Kisilamu gishingiye ku iyimuka ry’Intumwa y’Imana Muhamadi iva i Maka ijya i Madina), kukaba ari ukwezi guhambaye kubayisilamu , kandi kukaba gufite umwanya wako wihariye kuruta andi mezi agize umwaka. Gusiba uku kwezi kose ni imwe mu nkingi eshanu z’ubuyisilamu.
  • Gusiba ukwezi kwa Ramadhani ni ukugaragira Allah Nyir'ubutagatifu wiyiriza(wiyima) ibyo kurya no kunywa ndetse no kugirana imibonano mpuzabitsina hagati y'abashakanye, n'ibindi wakora ukabarwa nk'uwasiburutse guhera umuseke utambitse kugeza izuba rirenze, ukabyubahiriza amanywa yose y'uko kwezi gutagatifu.

 

INKINGI YA GATANU

GUKORA UMUTAMBAGIRO MUTAGATIFU (Haji)

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Allah yategetse abantu gukora umutambagiro mutagatifu (Hajji) kuri iyo ngoro k’ubifitiye ubushobozi. Uzahakana (itegeko rya Hajj), mu by’ukuri, Allah arihagije nta cyo akeneye ku biremwa} [Al -Im’rani: 97].

  • Al Hayy lo realiza quien posee las capacidades físicas y materiales, una vez por vida, y consiste en dirigirse a la Casa Sagrada en La Meca para realizar unos retos bien determinados en un tiempo específico. Sin embargo el profeta- paz y bendiciones sean con él- peregrinó igual que los profetas anteriores, también Al-láh ha ordenado al profeta Abraham -la paz sea con él- llamar a la gente para realizar Al Hayy, como nos informa Al-láh -Enaltecido sea- en el Sagrado Corán cuando dijo: {Unahamagarire abantu gukora umutambagiro mutagatifu (Hija). Bazakugana bagenda n’amaguru, abandi bari ku ngamiya (ndetse n’ibindi byose bigenderwaho), baturutse imihanda yose} [AL HAJI: 27].

 

MENYE INKINGI Z’UKWEMERA

Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha) igihe kimwe yabajijwe ku kwemera, maze aravuga ati: “Ni ukwemera Allah, abamalayika be, ibitabo bye, Intumwa ze, umunsi w’imperuka, no kwemera igeno rya Allah ry’ibyiza n’ibibi”.

Inkingi z’Ukwemera ni amasengesho n’ibikorwa byo ku mutima, bitegetswe umuyisilamu wese, ndetse ntabwo ubuyisilamu bw’umuntu bwatungana atabanje kwemera izi nkingi, ikaba ari nayo mpamvu ziswe Inkingi z’ukwemera.

Naho itandukaniro riri hagati yazo n’iz’ubuyisilamu ni uko iz’ubuyisilamu ari ibikorwa n’amasengesho bigaragara umuntu akoresha ingingo ze z’umubiri nko kuvuga ubuhamya bwombi n’ururimi rwe, gusali, gutanga amaturo; naho inkingi z’ukwemera ni ibikorwa n’amasengesho byo ku mutima umuntu yemerera mu mutima we. Urugero rwabyo ni nko kwemera Allah, ibitabo bye n’Intumwa ze.

Igisobanuro cy’Ukwemera (Imani):

Ni ukwemera udashidikanya ku mutima wemera Allah, abamalayika be, ibitabo bye, Intumwa ze, umunsi w’imperuka no kwemera igeno rya Allah ry’ibyiza n’ibibi, no gukurikira ibyo Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha) yaje yigisha ndetse no kubishyira mu ngiro; no kubigaragaza ku rurimi rwawe nko kuvuga ijambo LA ILAHA ILA LLAH (Nta yindi mana ikwiye gusengwa by’ukuri uretse Allah), gusoma Qur’an, gusingiza no gukuza Allah n’ibindi.

No gukoresha ingingo zigaragara nko gusali, gukora umutambagiro, gusiba,... ndetse n’ingingo zitagaragara zerekeranye n’umutima nko gukunda Allah no kumutinya, kumwiringira, no kuba ariwe uharirwa ibikorwa byose n’amasengesho.

Abamenyi b’inzobere basobanura Ukwemera (Imani) mu ncamacye muri aya magambo: Ni ukwemera ku mutima, n’imvugo ku rurimi, no gushyira mu ngiro wifashishije ingingo z’umubiri. Uko kwemera kwiyongera kubera ibikorwa byo kumvira Allah, kukanagabanuka kubera ibyaha.

MENYE INKINGI Z’UKWEMERA

Inkingi ya mbere

KWEMERA ALLAH

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Mu by’ukuri abemeramana nyabo ni ba bandi bemeye Allah...} [A-Nuur: 62].

  • Kwemera Allah bisobanuye kumwemera we wenyine rukumbi mu kuba ari we Nyagasani wenyine, mu kuba ari we ukwiye guharirwa amasengesho wenyine, no mu kuba amazina ye n’ibisingizo bye abyihariye wenyine.

Ibi bikaba bikubiyemo ibi bikurikira:


  •  Kwemera ko Allah Nyir’ubutagatifu ariho.

  •  Kwemera ko Allah Nyir’ubutagatifu ari we Nyagasani, Umutunzi wa buri kintu, Umuremyi wa buri kintu, n’ubeshejeho buri kintu, n’Umugenga wa gahunda za buri kintu.

  •  Kwemera ko Allah Nyir’ubutagatifu ari we ukwiye guharirwa amasengesho, ntawe abangikanye nawe muri yo: Nk’iswala, ubusabe, guhiga (Nadh’ri), kubaga, gusaba inkunga, gusaba ubuhungiro, n’andi moko atandukanye y’amasengesho (Ibadat).

  •  Kwemera amazina ya Allah ya Allah meza n’ibisingizo bye bihebuje we yivuzeho ndetse n’Intumwa ye (Imana iyihe amahoro n’imigisha) ikayamuvugaho, no guhakana ibyo Allah yahakanye ko bitamukwiye cyangwa se Intumwa ye byaba mu mazina cyangwa se ibisingizo. No kwemera ko amazina ya Allah n’ibisingizo bye ari nta macyemwa byuzuye kandi bitunganye, no kwemera ko Allah ntawe bahwanye kandi niwe Uwumva bihebuje, Ubona bihebuje.

Inkingi ya kabiri

KWEMERA ABAMALAYIKA

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Ishimwe n’ikuzo byuzuye bikwiye Allah, Umuhanzi w’ibirere n’isi, wagize abamalayika Intumwa zifite amababa abiri, atatu cyangwa ane. Yongera ibyo ashaka mu byo arema. Mu by’ukuri Allah ni Ushobora byose} [Fátir 35: 1].

  • Twemera ko abamalayika ari ibiremwa bitagaragara, kandi ko ari abagaragu ba Allah yaremye mu rumuri, ndetse abaremana kumwumvira no kumwicishaho bugufi imbere ye.
  • Ni ibiremwa bihambaye, nta washobora kumenya imbaraga zabyo n’umubare wabyo usibye Allah, kandi na buri umwe muri bo afite amazina ye, n’imiterere ye, n’ibyo ashinzwe Allah yamuhaye. Muri bo harimo Malayika Djibril (amahoro ya Allah amubeho) ushinzwe kuzanira Intumwa za Allah ubutumwa akuye kwa Allah.

 

 

Inkingi ya gatatu

KWEMERA IBITABO

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {(Yemwe Bayisilamu) muvuge muti “Twemeye Allah n’ibyo twahishuriwe, n’ibyahishuriwe Aburahamu (Ibrahimu), Ishimayeli (Ismail), Isaka (Is’haq), Yakobo (Yaqub) n’urubyaro rwe, ibyahishuriwe Mussa, ibyahishuriwe Yesu (Issa) ndetse n’ibyahishuriwe abahanuzi biturutse kwa Nyagasani wabo. Nta n’umwe tuvangura muri bo kandi ni We twicishaho bugufi} [Al Baqarat: 136].

  • Ni ukwemera nta gushidikanya ko ibitabo byose byavuye mu ijuru ari amagambo ya Allah.
  • Kandi ko byahishuwe biturutse kwa Allah Nyir’ubutagatifu abihishuriye Intumwa ze mu kuri kugaragara ngo zibigeze ku bagaragu be.
  • Kandi ko Allah Nyir’ubutagatifu ubwo yoherezaga Intumwa ye Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha) ku bantu bose, amategeko yamuhaye yasimbuye andi mategeko yayabanjirije, ndetse na Qur’an ntagatifu ayisimbuza ibindi bitabo byayibanjirije. Kandi Allah yishingiye kuzarinda iyi Qur’an ntagatifu kuba yavangirwa cyangwa se ngo ihindurwe, aho yagize ati: {Mu by’ukuri ni twe twahishuye urwibutso (Qur’an), kandi rwose ni natwe tuzarurinda} [Al-Hijr: 9], Kubera ko Qur’an ntagatifu ari cyo gitabo cya nyuma mu bitabo Allah yohereje ku bantu, n’Intumwa ye Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha) niyo ntumwa ya nyuma yasozereje izindi, n’idini ry’ubuyisilamu ni ryo dini Allah yahitiyemo abantu kuzageza ku munsi w’imperuka. Allah Nyir’ubutagatifu aragira ati: {Mu by’ukuri idini (ry’ukuri) imbere ya Allah ni Isilamu...} [Al -Im’rani: 19].

Ibitabo byaturutse mu ijuru Allah yatubwiye mu gitabo cye gitagatifu ni ibi bikurikira:

  • 1 Qur’an: Qur’an ntagatifu yamanuriwe Intumwa Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha).
  • 2 Tawurati: Allah yamanuriye Intumwa ye Mussa (Amahoro ya Allah amubeho).
  • 3 Injiili (Ivanjili): Allah yamanuriye Intumwa ye Issa (Amahoro ya Allah amubeho).
  • 4 A-Zabuuri: Allah yamanuriye Intumwa ye Dawuudi (Amahoro ya Allah amubeho).
  • 5 Swuhufi Ibrahim: Allah yamanuriye Intumwa ye Ibrahim (Amahoro ya Allah amubeho).

 

Inkingi ya kane

KWEMERA INTUMWA

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Kandi rwose buri muryango (umat) twawoherejemo Intumwa (kugira ngo ibabwire iti) “Nimusenge Allah (wenyine) kandi mwirinde (kugaragira) ibigirwamana} [A-Nah’li: 36].

  • Ni ukwemera nta gushidikanya ko Allah yoherereje kuri buri muryango w’abantu Intumwa ibahamagarira kugaragira Allah wenyine udafite uwo abangikanye nawe, no guhakana ibindi byose bigaragirwa mu cyimbo cye, Nyir’ubutagatifu.
  • No kwemera ko izo ntumwa zose zari abantu b’igitsinagabo, b’abagaragu ba Allah, kandi ko bari abanyakuri bizewe, batinya Allah kandi b’inyangamugayo, bayobora abantu ndetse nabo bayobotse. Allah yabashyigikirije ibimenyetso n’ibitangaza bigaragaza ukuri kwabo, kandi bose basohoje ubutumwa nk’uko babuhawe, kandi bose bari ku kuri kugaragara no ku muyoboro usobanutse.
  • Ubutumwa bwabo bose uhereye ku wa mbere ukageza ku wa nyuma bwari buhuriye ku ishingiro ry’idini ari ryo ryo kugaragira Imana imwe rukumbi Nyir’ubutagatifu mu masengesho no kutamubangikanya.

 

 

Inkingi ya gatanu

KWEMERA UMUNSI W’IMPERUKA

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Allah! Nta yindi mana ikwiye gusengwa mu kuri uretse We. Rwose azabakoranyiriza hamwe ku munsi w’imperuka udashidikanywaho. None se ni nde wavuga ukuri kurusha Allah?} [A-Nisa-u: 87].

  • Ni ukwemera kuzira gushidikanya ibifitanye isano n’umunsi w’imperuka byose, byaba ibyo Allah Nyir’ubutagatifu yatubwiye ubwe mu gitabo cye gitagatifu, cyangwa se ibyo twabwiwe n’Intumwa ye Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha), nko gupfa k’umuntu, kuzuka kwe, kuvuganirwa, umunzani, ibarura, ijuru n’umuriro n’ibindi twabwiwe bizaba ku munsi w’imperuka.

 

Inkingi ya gatandatu

KWEMERA IGENO RY’IBYIZA N’IBIBI

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Mu by’ukuri buri kintu twakiremye ku rugero twagennye (igeno ryacyo)} [Al Qamar: 49].

  • Ni ukwemera ko ibiba byose ku biremwa muri ubu buzima bw’iyi si, biri mu bumenyi bwa Allah no mu igeno rye, no mu migambi ye we wenyine udafite uwo babangikanye, kandi ko iri geno ryanditse mbere y’iremwa ry’umuntu, kandi ko umuntu afite ubushake n’amahitamo, ndetse ko mu kuri ari we ukora ibikorwa bye, ariko ibyo byose ntibiri hanze y’ubumenyi bwa Allah n’ugushaka kwe ndetse n’amahitamo ya Allah Nyir’ubutagatifu.

Bityo kwemera igeno kubakiye ku nzego enye ari zo izi zikurikira:

 

  • Urwa mbereKwemera ubumenyi bwa Allah buhetuye buri kintu.
  • Urwa kabiriKwemera ko Allah yanditse ibiriho n’ibizabaho kugeza ku munsi w’imperuka.
  • Urwa gatatuKwemera ko Allah yanditse ibiriho n’ibizabaho kugeza ku munsi w’imperuka.
  • Urwa kaneKwemera ko Allah ari we waremye buri kintu, nta wamufashije muri uku kurema.

MENYE KWISUKURA (UDHU)

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {...Mu by’ukuri, Allah akunda abicuza akanakunda abisukura} [Al Baqarat: 222].

Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha) yaravuze iti: “Uzisukura (Udhu) muri ubu buryo mbigenza, yarangiza agasali Raka ebyiri, akabikora n’umutima we wose (nta kindi arangariye), Allah azamubabarira ibyaha byeyakoze mbere yaho”.

Mu bigaragaza ubuhambare bw’Iswala ni ukuba Allah yarategetse kwisukura mbere yayo, ndetse isuku yayigize kimwe mu by’ingenzi bituma Iswala yakirwa. Bityo isuku ni rwo rufunguzo rw’Iswala, no kwiyumvisha ibyiza byayo nibyo bituma umutima ukumbura gusali.

Intumwa y’Imana (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yaravuze iti: “Isuku ni igice cy’ukwemera... n’iswala ni urumuri”.

Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha) na none yaravuze iti: “Uwisukura (Udhu) agatunganya isuku ye, bimuhanaguraho amakosa ye yakoze n’ingingo ze z’umubiri”.

Bityo umugaragu akegera Nyagasani we yiyejeje, yisukuye isuku igaragara n’isuku itagaragara, ukayikora uyeguriye Allah Nyir’ubutagatifu wenyine, ukurikiza umugenzo w’Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha).

Ibituma isuku (Udhu) iba itegeko:

  • 1 Iswala iyo ari yo yose yaba iy’itegeko cyangwa iy’umugereka.
  • 2 Gukora umuzenguruko (Twawaaf) kuri Al Kaabat.
  • 3 Gufata umus’hafu (Qur’an).
  • Nkora isuku (Udhu), nkanoga amazi asukuye.
  • Amazi asukuye: Ni amazi yose amanuka mu kirere, cyangwa ava mu butaka, akaba yagumye kuri kamere yayo; atahindutse kuri kimwe mu bintu bitatu: Ibara, uburyohe, impumuro; ngo habe hari icyayakuye kuri kamere yayo yo kuba asukuye.

MENYE KWISUKURA (UDHU)

Kugira umugambi.

n’igicumbi cyawo ni ku mutima. Naho igisobanuro cyawo ni ukwiyemeza gukora igikorwa cyose kikwegereza kwa Allah.

Gukaraba ibiganza byombi.

Kujuguta amazi.

Kujuguta amazi: Ni ukuyashyira mu kanwa, ukayajuguta, warangiza ukayacira.

Gushoreza amazi.

Gushoreza amazi: Ni ukuyashoreza mu izuru kugeza ahashoboka.

gusohora ibiri mu izuru hanyuma ukabipfuna.

Gukoraba mu buranga.

imbibi z’uburanga:

Uburanga :ni igice cyo ku mutwe cy’imbere kigaragarira buri wese bahuye.

Naho mu bugari: ni uguhera ku gutwi kumwe ugera ku kundi.

Naho mu burebure: ni hagati y’aho umusatsi wo mu ruhanga ugarukira kugera munsi y’akananwa.

Gukaraba mu buranga bikusanyiriza hamwe n’ibiri ku bice by’uburanga nk’ubwanwa n’ubundi bwoya.

Bwaba ubwoya bumera hafi y’amatwi.

N’ubumera imbere mu matwi.

Gukaraba mu buranga bikusanyiriza hamwe ubwanwa bwaba bugufi cyangwa burebure.

Gukaraba amaboko yombi, uhereye ku mitwe y’intoki ukageza mu nkokora.

N’inkokora ni hamwe mu ngingo umuntu ategetswe gusukura igihe akaraba amaboko.

Guhanagura inshuro imwe umutwe wose n’amatwi ukoresheje ibiganza byombi.

Uhereye mu ruhanga aho umusatsi ugarukira, ugakomeza ugana mu irugu, hanyuma ukabigarura.

Hanyuma ukinjiza intoki ebyiri za mukubita rukoko mu matwi.

Naho ibikumwe byombi ukabinyuza inyuma y’amatwi n’imbere habyo.

Gukaraba amaguru yombi, uhereye ku mano ugana ku tubumbankore. Kandi gukaraba ku tubumbankure byinjira mu gukaraba ibirenge kw’itegeko.

Utubumbankore ni utugufa tubiri duhinguka inyuma ku birenge.

Isuku (Udhu) yangirika kubera ibi bikurikira: 

  • 1 Gusohokwamo n’ikinyuze muri imwe mu nzira ebyiri (iy’imbere n’iy’inyuma); nk’inkari, amabyi, umusuzi, amavangingo aturuka mu gitsina aterwa no kwifuza cyane imibonano (Maniyu), n’aturuka mu gitsina igihe habaye nko guterura ibintu biremereye cyangwa se nyuma yo kwihagarika ariko atari inkari (Madhiyu).
  • 2 Guta ubwenge kubera ibitotsi byinshi, cyangwa se guta ubwenge kubera gukoresha ibiyobyabwenge, cyangwa gusara.
  • 3 Todo lo que exige la ablución mayor como la relación sexual, la menstruación y el postparto.

Iyo umuntu avuye mu bwiherero aba ategetswe kwisukura umwanda akoresheje amazi meza ibi nibyo byiza, cyangwa ikindi kitari amazi ariko gisukuye cyakuraho umwanda, nk’ibuye, ibibabi cyangwa impapuro, ibitambaro n’ibindi nkabyo. Bigakorwa inshuro eshatu cyangwa se zirenzeho hakoreshejwe ikintu cyemewe gukoreshwa kandi gisukuye.

GUHANAGURA KHOFU (ibimeze nk’amasogisi bikoze mu ruhu) N’AMASOGISI

Igihe umuntu yambaye Khofu cyangwa se amasogisi, biremewe kubihanagura, utiriwe ukaraba ibirenge ku mabwiriza akurikira:

  • 1 Kuba wabyambaye ubanje kwisukura isuku yuzuye, ukora wiyuhagira cyangwa se utawaza (Udhu), harimo isuku yo ku maguru.
  • 2 Kuba yabyambaye nabyo bisukuye, bidafite umwanda.
  • 3 Kubihanagura mu gihe ntarengwa cyagenwe.
  • 4 Kuba bikomoka mu buryo bwemewe, atari ibyibano cyangwa se byambuwe ba nyirabyo.
  • Khofu: ziba zikoze mu ruhu rworoshye n’ibindi bimeze nkarwo, n’ibindi bimeze nk’inkweto byambarwa mu birenge.
  • Amasogisi: aba akoze mu bitambaro cyangwa se ubudodo n’ibindi nkabyo.

GUHANAGURA KHOFU (ibimeze nk’amasogisi bikoze mu ruhu) N’AMASOGISI

Ubugenge buri mu itegeko ryo guhanagura Khofu:

Ubugenge buri mu itegeko ryo guhanagura Khofu, ni mu rwego rwo korohereza abayisilamu baba bagowe no kuziyambura cyangwa se kwiyambura amasogisi ngo bakarabe ibirenge by’umwiharo mu bihe by’itumba n’imbeho nyinshi, cyangwa se bari ku rugendo.

 

Igihe ntarengwa cyo guhanagura amasogisi:

Ku muntu utari ku rugendo (uri aho atuye): Ni umunsi umwe, amanywa n’ijoro (amasaha 24).

Naho k’uri ku rugendo: Ni iminsi itatu, amanywa n’ijoro (amasaha 72).

Kubara iyo minsi bitangira guhera ku nshuro ya mbere uhanaguye Khofu cyangwa se amasogisi nyuma y’impamvu ituma wisukura.

Uburyo guhanagura Khofu n’amasogisi bikorwamo:

  • 1 Utosa ibiganza byombi.
  • 2 Unyuza ikiganza hejuru y’ikirenge (iturutse ku mano ugana hasi ku murundi).
  • 3 Ikiganza cy’iburyo ugihanaguza ikirenge cy’iburyo, naho icy’ibumoso ukagihanaguza ikirenge cy’ibumoso.

Ibyangiza guhanagura ku masogisi na Khofu :

  • 1 Icyo ari cyo cyose gituma koga biba itegeko (twabibonye hejuru).
  • 2 Kuba igihe ntarengwa cyo guhanagura cyarangiye.

KOGA

Iyo umugabo agiranye imibonano n’umugore, cyangwa se hakagira amavangingo amusohokamo kubera kwifuza imibonano (Maniyu) yaba ari maso cyangwa aryamye, icyo gihe koga kuri we biba bibaye itegeko kugira ngo ashobore gukora isengesho, cyangwa kuba yakora ibindi asabwa gukora abanje kwisukura. Ni nkuko ku mugore iyo yisukuye avuye mu mihango cyangwa se ibisanza, agomba koga mbere y’uko akora iswala cyangwa se ngo akore ibindi asabwa gukora abanje kwisukura.

KOGA

Uburyo bwo Koga ni ubu bukurikira:

Umuyisilamu yoga akwiza amazi ku mubiri we wose, mu buryo ubwo ari bwo bwose, harimo kujuguta amazi no kuyashoreza. Iyo amaze gukwiza amazi umubiri we wose, umwanda uba umushizeho, ndetse aba amaze no kwisukura.

Umuntu utarisukura abujijwe ibi bikurikira:

  • 1 Gukora amasengesho (aswalat).
  • 2 Gukora umuzenguruko (Twawaaf) kuri Al Kaabat.
  • 3 Kwicara mu musigiti igihe kirekire, ariko biremewe igihe utambuka gusa.
  • 4 Gufata Mus’haf (Qur’an).
  • 5 Gusoma Qur’ani.

KWISUKURA HAKORESHEJWE IGITAKA (A-TAYAMUM)

Iyo umuyisilamu atabonye amazi yisukuza, cyangwa se atabasha gukoresha amazi kubera uburwayi n’ibindi akaba atinya ko igihe cy’iswala cyamutambukaho, icyo gihe yifashisha itaka mu gushaka isuku.

 

KWISUKURA HAKORESHEJWE IGITAKA (A-TAYAMUM)

Uko bikorwa:

Ashyira ibiganza bye mu itaka inshuro imwe, maze akabihanaguza mu buranga bwe, no hejuru y’ibiganza bye gusa. Ni n’itegeko ko iryo taka rigomba kuba rifite isuku.

kwisukuza itaka (Tayamum) byangizwa n’ibi bintu bikurikira:

  • 1 Ibyangiza isuku y’amazi byangiza isuku y’itaka.
  • 2 Iyo amazi abonetse cyangwa se umuntu ashoboye kuyifashisha yisukura, mbere y’uko atangira ibikorwa bye byo kwiyegereza Allah (nko gusali n’ibindi) yari yisukuje itaka.

MENYE ISWALA

Uburyo bwo kwitegura iswala

  • Iyo igihe cy’Iswala kigeze, umuyisilamu arisukura akivanaho umwanda waba muto cyangwa se munini.

Umwanda munini: Ni umwanda utuma koga ku muyislamu biba itegeko.

Naho umwanda muto: Ni umwanda utuma kwisukura (Udhu) ku muyisilamu biba itegeko.

  • Umuyisilamu asali yambaye imyambaro isukuye, ndetse agasalira ahantu hasukuye hatari imyanda, kandi akambara akikwiza ntagaragaze ahafatwa nk’ubwambure ku mubiri we.
  • Igihe cyo gusali Umuyisilamu arimba mu myambaro imukwiriye, imwambitse umubiri we, bikaba bitemewe ku mugabo kugaragaza igice kiri hagati y’umukondo n’amavi.
  • Ku mugore ategetswe kwambika umubiri we wose agasigaza uburanga bwe n’ibiganza bye.
  • Umuyisilamu igihe ari gusali ntavuga usibye amagambo yemerewe kuvuga mu iswala, kandi araceceka agatega amatwi uyoboye Iswala (Imamu), ntahindukira ngo arebe ku ruhande igihe ari gusali, ndetse atanashoboye kuvuga amagambo akoreshwa mu iswala, icyo gihe yasingiza Imana akanayitagatifuza kugeza arangije iswala ye. Ariko ni ngombwa kuri we kwihutira kwiga uko basali ndetse n’amagambo akoreshwa mu iswala.

 

MENYE ISWALA

Ni ukugira umugambi (Niyat) wo gukora iswala utegetswe gukora, kandi igicumbi cy’umugambi ni mu mutima.

Nyuma y’uko maze kwisukura (Udhu), nerekera aho abayisilamu berekera igihe bari gusali (Qib’lat), kandi nkasali mpagaze igihe mbishoboye.

Nzamura amaboko yanjye nkayageza ahareshya n’intugu mvuga nti: ALLAHU AKBAR (Imana isumba byose), ngambiriye gutangira gusali.

Nsoma ubusabe ntangiza iswala, bumwe muri bwo ni: “SUB’HAANAKA ALLAHUMA WA BIHAMDIKA WA TABAARAKA SMUKA WA TA’AALA DJADUKA WA LAA ILAAHA GHAYRUKA: Ubutagatifu ni ubwawe Nyagasani Mana, na buri shimwe rikwiye wowe! Hakuzwe izina ryawe n’icyubahiro cyawe gihimbazwe, kandi nta yindi mana ikwiye gusengwa by’ukuri uretse wowe”.

Nikinga kuri Allah ngo andinde Shitani wavumwe, ngira nti: (A-U-’DHUBILLAHI MINA SHAYTWAANI RAJIIMI: Nikinze ku Mana ngo indinde Shitani wavumwe).

Nsoma Suratul Fatihat, kuri buri gice cy’iswalat (rakat), ari yo iyi ikurikira: {Ku izina rya Allah , Nyir’impuhwe, Nyir’imbabazi (1) Ishimwe n’ikuzo byose bikwiye Allah, Nyagasani w’ibiremwa byose (2) Nyir’impuhwe, Nyir’imbabazi (3) Umwami w’ikirenga wo ku munsi w’imperuka (4) Ni wowe (wenyine) dusenga, kandi ni wowe (wenyine) twiyambaza (5) Tuyobore inzira igororotse (6) Inzira y’abo wahundagajeho inema, itari iy’abo warakariye cyangwa abayobye (7)}.

Nyuma yo gusoma Suratul Fatihat, nsoma imirongo yo muri Qur’an ntagatifu inyoroheye nafashe mu mutwe mu gice cya mbere (rakat) n’icya kabiri gusa muri buri swalat. Ariko ibi ntabwo ari itegeko, uretse ko kubikora ubibonera ibihembo bihambaye.

Mvuga aya magambo (ALLAHU AKBARU: Imana isumba byose), hanyuma nkunama kugeza ubwo umugongo wanjye uba uringaniye n’amaboko yanjye afashe ku mavi ariko intoki zitandukanye, maze nkavuga nti: (SUB’HAANA RABIYAL ADHWIIM: Ubutagatifu ni ubwa Nyagasani uhambaye).

Nunamuka mvuga aya magambo (SAMI’ALLAHU LIMAN HAMIDAHU: Allah yumva uyishimiye), nzamura amaboko nkayareshyeshya n’intugu, iyo maze guhagarara neza ndavuga nti; (RABBANAA WA LAKAL HAMDU: Nyagasani wacu ni wowe ukwiye iishimwe).

Mvuga aya magambo (ALLAHU AKBAR: Allah asumba byose), nkubama hasi (sujuud) n’amaboko yanjye, hamwe n’amavi yanjye, n’ibirenge, n’uruhanga ndetse n’izuru, igihe ncyubamye nkavuga nti: (SUB’HAANA RABBIYAL A’ALAA: Ubutagatifu ni ubwa Nyagasani wanjye w’ikirenga).

Mvuga aya magambo (ALLAHU AKBAR), nuko nkubamuka kugeza ubwo umugongo wanjye ugororoka, nicariye ikirenge cy’ibumoso, naho icy’iburyo nkishinze ku mano, nkavuga nti: (RABBI GH’FIR LII: Nyagasani wanjye mbabarira).

 

Mvuga aya magambo (ALLAHU AKBAR), nkongera nkubama indi nshuro nk’uko nabigenje ku kubama bwa mbere.

Ndubamuka nkahagarara mvuga (ALLAHU AKBAR), maze ibindi bice (rakat) by’iswala bisigaye, nkabikora nk’uko iki nkikoze (igice cya mbere).

Nyuma y’igice (rakaat) cya kabiri cy’iswala ya Adhuhuri, al as’ri, al magh’rib na Al Isha, ndicara nkavuga ubuhamya bwa mbere, ari bwo: (A-TAHIYAATU LILAHI, WA SWALAWAATU WA TWAYYIBAATU, A-SALAAMU ALAYKA AYYUHA NABIYYU WA RAHMATULLAHI WA BARAKATUHU, A-SALAAMU ALAYNA WA ALA IBADILAHI SWALIHIINA. ASH’HADU ANLA ILAHA ILALLAHU WA ASH’HADU ANA MUHAMADAN ABDUHU WA RASULUHU : Indamutso n’imigisha ndetse n’ibyiza byose ni ibya Allah. Amahoro ya Allah, impuhwe ze n’imigisha ye bibe kuri wowe yewe ntumwa y’Imana; amahoro y’Imana abe kuri twe ndetse abe no ku bagaragu bayo bakora ibyiza. Ndahamya ko ari nta yindi mana ikwiye gusengwa by’ukuri uretse Imana imwe rukumbi (ALLAH), nkanahamya ko Muhamadi ari umugaragu w’Imana akaba n’Intumwa yayo). Hanyuma ngahaguruka nkora igice (rakaat) cya gatatu.

Nyuma y’igice (rakaat) cya nyuma muri buri swalat, ndicara ngasoma ubuhamya bwa nyuma bugira buti: (A-TAHIYAATU LILLAHI, WA SWALAWAATU WA TWAYYIBAATU, A-SALAAMU ALAYKA AYYUHA NABIYYU WA RAHMATULLAHI WA BARAKATUHU, A-SALAAMU ALAYNA WA ALA IBADILLAHI SWALIHIINA. ASH’HADU ANLA ILAHA ILALLAHU WA ASH’HADU ANA MuhamadiAN ABDUHU WA RASULUHU: Indamutso n’imigisha ndetse n’ibyiza byose ni ibya Allah. Amahoro ya Allah, impuhwe ze, n’imigisha ye bibe kuri wowe yewe ntumwa y’Imana; amahoro y’Imana abe kuri twe ndetse abe no ku bagaragu bayo bakora ibyiza. Ndahamya ko ari nta yindi mana ikwiye gusengwa by’ukuri uretse Imana imwe rukumbi (ALLAH), nkanahamya ko Muhamadi ari umugaragu w’Imana akaba n’Intumwa yayo. “Nyagasani Mana, hundagaza impuhwe zawe kuri Muhamadi no ku muryango wa Muhamadi, nk’uko wazihundagaje kuri Ibrahimu no ku muryango wa Ibrahimu. Mu by’ukuri ni wowe Nyir’ugushimwa, Nyir’ugusingizwa. Mana hundagaza imigisha yawe kuri Muhamadi no ku muryango wa Muhamadi nk’uko wayihundagaje kuri Ibrahimu no ku muryango wa Ibrahimu, mu by’ukuri ni wowe Nyir’ugushimwa, Nyir’icyubahiro”.

Nyuma yaho mpindukira iburyo bwanjye nkavuga nti: “ASSALAM ALAYKUM WARAHMATULLAH: Amahoro n’impuhwe bya Allah bibe kuri mwe”, narangiza nkahindukira n’ibumoso nkavuga nti: “ASSALAM ALAYKUM WARAHMATULLAH: Amahoro n’impuhwe bya Allah bibe kuri mwe”. ngambiriye gusoza iswala, ubwo nkaba nsoje iswala.

KWAMBARA WIKWIJE (HIJAABU) KU MUYISILAMUKAZI

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Yewe Muhanuzi (Muhamadi)! Bwira abagore bawe, abakobwa bawe n’abagore b’abemeramana bambare imyambaro yabo bikwize; ibyo ni byo bizatuma bamenyekana (nk’abagore biyubashye), bityo ntibasagarirwe. Kandi Allah ni Nyir’ukubabarira ibyaha, Nyirimbabazi} [Al Ahzab: 59].

Allah yategetse umugore w’umuyisilamukazi kwambara yikwije, agahisha ubwambure bwe n’umubiri we wose, yirinda kubonwa n’abagabo badafitanye isano ryo mu muryango; ibyo akabikora yambara imyambaro imenyerewe mu gihugu cye. Ntiyemerewe gukuramo uwo mwambaro we, cyeretse igihe ari imbere y’umugabo we cyangwa se imbere y’abandi baziririjwe kumurongora mu buryo bwa burundu, ari bo aba bakurikira: Ise ugakomeza uzamuka, umuhungu we ugakomeza umanuka, ba se wabo na ba nyirarume, umuvandimwe we, umuhungu w’umuvandimwe we, umuhungu wa mushiki we (umwishywa we), umugabo wa Nyina (ariko bakoranye imibonano), Sebukwe ugakomeza uzamuka, umwana w’uwo bashakanye ugakomeza umanuka, umugabo w’umukobwa we (Umukwe we). Ikindi twazirikana nuko abaziririjwe kurongora ku bw’isano ryo mu muryango ari nabo baziririjwe ku bwo konka ibere rimwe!.

Ibyo umuyisilamukazi agomba kwitwararika mu mambaro ye mui byo:

  • Icya mbereKwikwiza umubiri wose.
  • Icya kabiriKuba imyambaro yambaye yayambaye atagamije kwitaka.
  • Icya gatatu
    Kuba imyambaro ye itabonerana ku buryo igaragaza zimwe mu
  •                         ngingo z’umubiri we.
  • Icya kane
    Kuba imyambaro ye itamufashe ahubwo imurekuye.
  • Icya gatanu
    Kutitera imibavu n’ibindi bihumura.
  • Icya gatandatu
    Kuba imyambaro yambaye idasa n’iy’abagabo.
  • Icya karindwi
    Kuba imyambaro yambaye idasa n’iyambarwa n’abatari abayisilamukazi
  •                         bambara igihe bari mu masengesho yabo n’iminsi mikuru yabo.

 

 

IBIMENYETSO BIRANGA UMWEMERAMANA

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Mu by’ukuri abemeramana nyabo ni ba bandi iyo Allah avuzwe, imitima yabo ikangarana, banasomerwa amagambo ye akabongerera ukwemera; kandi bakiringira Nyagasani wabo (wenyine)} [Al Anfaal: 2].

IBIMENYETSO BIRANGA UMWEMERAMANA:

  • Aba umunyakuri mu mvugo ze, kandi ntabeshya.
  • Yubahiriza isezerano yatanze.
  • Ntarangwa n›intonganya no kurengera mu makimbirane.
  • Yubahiriza indangizo.
  • Yifuriza umuvandimwe we w›umuyisilamu ibyo yiyifuriza.
  • Agira ubuntu. Yunga isano n›ubuvandimwe by›umuryango.
  • Anezezwa n›igeno rya Allah akanashimira mu bihe bye byose yaba mu bihe byiza n›ibibi.
  • Arangwa no kugira isoni.
  • Arangwa no kugirira impuhwe ibiremwa.
  • Umutima we uba ucyeye, uzira inzangano, amashyari, n›ingingo ze azirinda kugirira nabi abandi.
  • Ababarira abandi. 
  • Ntarya Ribaa (inyongera ku nguzanyo), ntanakorana na yo.
  • Ntasambana. Ntanywa inzoga.
  • Abanira neza abaturanyi be.
  • Yirinda amahugu n›ubuhemu.
  • Ntiyiba ntanariganya.
  • Yumvira ababyeyi be, n›ubwo baba atari abayisilamu, akabumvira igihe cyose mu byiza.
  • Arera abana be abatoza ibyiza, akabategeka ibyo amategeko abategeka, akababuza ibibi n›ibizira.
  • Yirinda ibikorwa bimusanisha n›abatari abayisilamu mu masengesho yabo n›indi migenzo yabo ibaranga ikanabatandukanya n›abandi.

 

 

UMUNEZERO WANJYE URI MU IDINI RYANJYE RY’UBUYISILAMU

Allah Nyir’icyubahiro aragira ati: {Ukoze ibitunganye, yaba uw’igitsina gabo cyangwa uw’igitsina gore, kandi akaba ari umwemeramana, rwose tuzamuha ubuzima bwiza, ndetse tuzabagororera ibihembo byabo byiza kurusha ibyo bakoraga} [A-Nahl:97].

Mu bitera ibyishimo n’umunezero mu mutima w’umuyisilamu ni ukuba yihuza na Nyagasani we nta muhuza, mu bazima n’abapfuye cyangwa se ibigirwamana, kubera ko Allah yavuze mu gitabo cye gitagatifu ko ari bugufi y’abagaragu be igihe cyose, arabumva, kandi akakira ubusabe bwabo nkuko yabivuze agira ati: {Kandi abagaragu banjye nibagira icyo bakumbazaho (yewe Muhamadi), (uzabasubize uti) mu by’ukuri njye ndi hafi yabo, nsubiza ubusabe bw’usaba igihe ansabye. Bityo, nibanyumvire bananyizere kugira ngo bayoboke} [Al Baqarat: 186].

Allah Nyir’ubutagatifu kandi yadutegetse gusaba, ndetse abigira kimwe mu bikorwa bihambaye bituma tumwiyegereza aho yagize ati: {Kandi Nyagasani wanyu yaravuze ati “Nimunsabe, ndabasubiza...} [Ghafir: 60].

Bityo umuyisilamu utunganye igihe cyose aba akeneye Nyagasani we, no guhora amusaba,anamwiyegereza mu bikorwa n’amasengesho bitandukanye.

Allah yadushyize ku isi ku mpamvu n’ubugenge buhambaye, ntiyaturemye nta mpamvu; iyo mpamvu nta yindi ni ukumugaragira wenyine tutamubangikanya. Yanaduhaye idini rituma tumwiyegereza, rikusanyije ibintu byose, rishyiraho gahunda yose y’ubuzima bwite n’ubwa rusange. Kubera ryo, yabungabunze iby’ingenzi muri ubu buzima kuruta ibindi, ari byo: Kurinda imyemerere (Idini), ubuzima bwacu, icyubahiro cyacu, imitekerereze mizima yacu, n’imitungo yacu. Bityo uzabaho yubahiriza amategeko y’iri dini, yitandukanya n’ibyo ryamubujije, azaba arinze ibi bya ngombwa  mu buzima, maze abeho atekanye, n’umunezero nta gushidikanya.

Isano ry’umuyisilamu na Nyagasani we rirakomeye, kuko rimuha ituze n’amahoro y’umutima, no kumva atekanye ndetse yishimye, no kumva igihe cyose ari kumwe na Nyagasani we, kandi amurinze ndetse afasha umugaragu we w’umwemeramana. Allah aragira ati: {Allah ni umukunzi wa ba bandi bemeye; abakura mu mwijima (w’ubuhakanyi) abaganisha mu rumuri (rw’ukwemera)...} [Al Baqarat: 257].

Iri sano rihambaye ni isano ritagaragara rituma umwemeramana abaho mu ngabire kubera kugaragira Nyir’impuhwe we, ndetse akanagira amatsiko yo kuzahura nawe, maze akabaho mu munezero no mu buryohe bw’ukwemera.

Ubu buryohe nta washobora kuvuga uko bumeze cyeretse wawundi wamaze kubusogongera akora ibikorwa byo kumvira Allah, anitandukanya n’ibyo yamubujije. Niyo mpamvu Intumwa y’Imana Muhamadi (Imana iyihe amahoro n’imigisha) yavuze iti: (Yamaze gusogongera ku buryohe bw’ukwemera, wa wundi uzashimishwa n’uko Allah ari we Nyagasani we, n’ubuyisilamu ari ryo dini rye, na Muhamadi ari we ntumwa ye).

Nibyo! Iyo umuntu yiyumvamo ko igihe cyose ari imbere y’umuremyi we, akamumenya yifashishije amazina ye n’ibisingizo bye bihebuje, akamugaragira nkaho amuri imbere, ibikorwa bye n’amasengesho ye akabyegurira Allah, nta wundi ashaka uretse Allah Nyir’ubutagatifu, abaho ubuzima bw’umunezero n’iherezo rye ku munsi w’imperuka rikazaba ryiza.

N’ubwo byaba ari ibyago bigwiririye umwemeramana muri ubu buzima bw’iyi si, ubukana bwa byo buracuba kubera ibyiringiro no kwishimira igeno rya Allah Nyir’ubutagatifu, no kumusingiza ku igeno rye ryose ry’ibyiza n’iry’ibibi, no kuryishimira mu buryo bwuzuye.

No mu byo umuyisilamu akwiye gushishikarira kugira ngo byongere umunezero n’ituze muri we ni ukurushaho gusingiza Allah Nyir’ubutagatifu, no gusoma Qur’ani ntagatifu nk’uko Allah agira ati: {Ba bandi bemeye kandi bakagira imitima ituje ku bwo gusingiza Allah, mu by’ukuri mumenye ko gusingiza Allah bituma imitima ituza} [A- Raadu:28].

Na buri uko umuyisilamu yongereye gusingiza Allah no gusoma Qur’an, bimwegereza Allah Nyir’ubutagatifu ndetse bikaneza umutima we, bikanakomeza ukwizera kwe.

Ni ngombwa nanone ko umuyisilamu ashishikarira kwiga amategeko y’idini rye, ayavoma ku isoko yizewe kugira ngo agaragire Allah asobanukiwe, kubera ko Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha) yaravuze iti: (Gushaka ubumenyi (kwiga) ni itegeko kuri buri muyisilamu) Ikindi nuko agomba kwicisha bugufi no kumvira amategeko ya Allah wamuremye, yaba azi impamvu iri muri ayo mategeko cyangwa se atayizi, kubera ko Allah mu gitabo cye gitagatifu yavuze ati: {Ntabwo bikwiye ku mwemeramana cyangwa umwemeramanakazi, ko igihe Allah n’Intumwa ye baciye iteka, bagira amahitamo mu byo bagomba gukora. Kandi uzigomeka kuri Allah n’Intumwa ye, rwose azaba ayobye ubuyobe bugaragara} [Al Ahzaab: 36].

Amahoro n’imigisha bya Allah nibisakare ku wasozereje Intumwa n’abahanuzi ari we Muhamadi n’ab’iwe n’abasangirangendo be n’abamukurikiye ndetse n’abazamukurikira kugeza ku munsi w’imperuka.